Our Health

Our Future

Ibikwa n'ikoreshwa ry'amakuru bwitwe
RSSB yita cyane k’ubuzima bwite n’umutekano by’amakuru y’abakoresha urubuga rw’Imisanzu. Ibi bikarebana n’uburyo dukusanya amakuru, uko tuyakoresha ndetse n’uburyo tuyarinda mu ikoreshwa ry’uru rubuga.

Amakuru Dukusanya

Mu gihe ukoresha uru rubuga rw’imisanzu, dushobora gukusanya amakuru akurikira:
  • Nomero ya telefone
  • Nomero y’irangamuntu
  • Nomero y’ubwiteganyirize
Dukusanya aya makuru kugira ngo tumenye umwirondoro wawe kandi tuguhe uburyo bwo kugera ku rubuga rwacu na serivisi rutanga.

Icyo Amakuru Watanze Akoreshwa

Amakuru yawe waduhaye tuyakoresha muri ubu buryo:
  • Kugenzura umwirondoro wawe
  • Kuguha uburyo bwo kugera ku rubuga rwacu na serivisi zirutangirwaho
  • Kuvugana nawe ku byerekeye konti yawe y’ubwiteganyirize bw'abakozi
  • Kuzuza n’ibindi byakenera amakuru watanze.

Amakuru waduhaye nta wundi azasangizwa  ku mpamvu zo kwamamaza.

Amakuru waduhaye ashobora gusangizwa abafatanyabikorwa bacu mu gihe ubakeneyeho serivisi kandi wabyiyemereye. Kugirango usangize aya amakuru icyo kigo, ugihitamo mu bigo dufatanije ibikorwa, ubundi ukemera amategeko n'amabwiriza yacu agenga iyi serivisi. Ubu burenganzira bwo kureba amakuru yawe y'ubwizigame bumara ukwezi kumwe ariko ushobora no kubuhagarika igihe cyose ubyifuje.

Ingamba z’Umutekano w’Amakuru Uduhaye

Twashyize mu bikorwa ingamba zikwiye za tekiniki ndetse n’izijyanye no kubungabunga amakuru waduhaye tuyarinda abashobora kuyiba, kuba yakoreshwa ibyo atagenewe, cyangwa kuba yasangizwa abatayagenewe.Izi ngamba zashyizweho ariko ntabwo zigarukira gusa ku kugenzura, ahubwo hari no gukurikirana ndetse no kuba hari na seriveri itekanye.

Uko Wagera Cyangwa Ukavugurura Amakuru Yawe

Ufite uburenganzira bwo kubona no kuvugurura amakuru yawe igihe icyo ari cyo cyose. Ibi ushobora kubikora uhamagaye ku murongo wa RSSB 4044 cg se ukohereza ubutumwa bwawe kuri info@rssb.rw

Impinduka Zishobora Kubaho

Dushobora kugira impinduka dukora mu buryo tubika n’uko dukoresha amakuru yawe igihe icyo ari cyo cyose. Niba hari ibyo duhinduye mu buryo dukoresha amakuru yawe bwite, tuzakumenyesha kuri uru rubuga rwacu.

Twandikire

Niba hari ikibazo ufite cg se ikindi ushaka kutumenyesha cg se gusobanuza kijyanye n’ubu buryo bwo gukusanya, kubika no gukoresha amakuru yawe waduhaye, watwandikira kuri  info@rssb.rw cg se ugahamagara kuri 4044